Alisha akeneye akazi kubera ko umuryango we ukeneye amafaranga yo kugura ibyo kurya n’imyambaro.
Alisha ntiyakoraga mu gihugu akomokamo, ariko azi guteka kandi akunda kuganiriza abantu.
Wenda yakora muri resitora se? Alisha arimo gushakisha akazi kuri interineti.
Abonye itangazo ry’ahantu bakeneye umutetsi. Ni umuntu wo guteka muri resitora.
Agiye muri interview y’akazi. Umuyobozi wa resitora amubwiye ko bakeneye umuntu wize ibyo guteka.
Alisha arababaye ariko ajya gufata amasomo ajyanye no guteka no kwakira abantu. Yizeye ko ayo masomo azatuma abona akazi muri restora.
Alisha agomba kubanza kwimenyereza umwuga muri resitora. Nubwo akora adahembwa, bimufasha kugira ubunararibonye mu kazi.
Ibijyanye n’ayo masomo na byo yabyongeye muri CV ye. CV iba igaragaza akazi kose umuntu yakoze ndetse n’amasomo yafashe.
Nyuma yaho Alisha agiye muri interview y’akazi muri restora maze barakamuha. Ni akazi kagoye. Inshuro nyinshi aba asabwa gukora nimugoroba, igihe abana be bari mu rugo bavuye ku ishuri.
Atewe ishema no kuba yarabonye akazi, kuko kamufasha kugurira umuryango we ibyo kurya n’imyambaro, bivuye mu mafaranga ye bwite.