“Yego, njye n’umugabo wanjye dufite abakobwa babiri n’umuhungu umwe.”
“Sim, o meu marido e tenho duas filhas e um filho.”
“Nanjye mfite abakobwa babiri, ariko natandukanye n’umugabo.”
“Eu também tenho duas filhas, mas sou divorciada.”
“Abakobwa bawe bangana bate?”
“Que idade têm as tuas filhas?”
“Mina afite imyaka ine. Yatangiye ishuri ry’incuke. Miriam afite imyaka icumi, bityo na we ariga.”
“A Mina tem quatro anos. Ela anda no jardim de infância. A Miriam tem dez anos, já anda na escola.”
“Abana banjye bose bariga. Umuhungu wanjye azarangiza umwaka utaha.”
“Todos os meus filhos andam na escola. O meu filho vai concluir a escola no próximo ano.”
“Ni byiza cyane! Abana bakura vuba cyane. Yifuza kuzakora iki narangiza?”
“Isso é fantástico! Eles crescem tão depressa. O que é que ele quer fazer a seguir?”
“Arifuza gushaka akazi, ariko mubwira ko agomba kubanza kwiga kaminuza.”
“Ele quer arranjar um emprego, mas eu digo-lhe que em vez disso devia ir para a Universidade.”
“Icyo gitekerezo ni cyiza. Nanjye nizera ko igihe kimwe abana banjye bazajya muri kaminuza.”
“É uma boa ideia. Eu também espero que as minhas filhas vão para a universidade um dia.”