Njye na basaza banjye babiri twaje muri Noruveje mu Ukuboza 2016. Twambaye imyenda idashyuha kuko twumvaga ko hazaba hashyushye nko muri Somalia. Ariko, tukigera ku kibuga cy’indege, twasanze hari kugwa urubura. Twari dukonje n’ikirere gikonje cyane. N’ubwo twari twazanye amavalisi, yari yuzuye imyenda yo mu gihe cy’ubushyuhe gusa.
I miei due fratelli ed io siamo arrivati in Norvegia nel dicembre del 2016. Indossavamo abiti estivi perché pensavamo che in Norvegia avrebbe fatto caldo come in Somalia. Ma quando arrivammo in aeroporto stava nevicando. Avevamo freddo, il clima era gelido. Sebbene avessimo portato varie valigie, c’erano solo abiti estivi dentro.
N’ubwo hari hakonje, nari nishimiye kwimikira muri Noruveje. Nari ngiye kongera guhura na Mama twaherukanaga mu myaka itandatu yari ishize. Mama n’inshuti ze ebyiri baje kutureba. Tukimubona, twarize amarira y’ibyishimo. Twerekeje mu mujyi muto Mama atuyemo.
Nonostante il freddo, ero contenta di essere venuta in Norvegia. Avrei finalmente riabbracciato mia madre, che non vedevo da sei anni. Mia mamma e due sue amiche erano venute a prenderci. Quando le abbiamo viste siamo scoppiate a piangere per la gioia. Ci hanno portato nella cittadina dove vive mia madre.
Umunsi wa mbere mu mujyi Mama atuyemo wari utangaje. Hari hakonje kandi huzuye urubura, nta byinshi byo kureba bihari. Nta muntu n’umwe wari uri mu muhanda. Abantu benshi twahuye, bari bakonje kandi badafite urugwiro. Muri Somalia ahantu hose habaga huzuye abantu. Ni yo mpamvu nabonaga ibintu byose ari bishya hano. Mama n’inshuti ze baduhaye impano, ubundi atujyana kugura imyenda yo kwifubika.
I primi giorni in quella cittadina sono stati molto strani. Nevicava, faceva freddo e non c’era molto da vedere. Le strade erano completamente vuote. Le poche persone che incontravo sembravano fredde e poco amichevoli. In Somalia c’è gente dappertutto, quindi qui ogni cosa sembrava estranea. Mia madre e le sue amiche ci hanno fatto dei regali, e poi lei ci ha portato ad acquistare vestiti invernali.
Nyuma y’ibiruhuko bya Noheli, nagiye kwiga ikinoruveje mu ishuri ry’abakuze. Nahize imyaka ibiri mbere yo kujya mu ishuri risanzwe. Ubu ndi mu mwaka wa nyuma kandi nungutse inshuti nyinshi. Ndi umuntu usabana kandi guhura n’abantu biranshimisha.
Dopo le vacanze di Natale, mi sono iscritta a un corso di norvegese presso un centro scuola per adulti. Ho studiato per due anni lì prima di essere ammessa in una scuola pubblica. Ora sono all’ultimo anno e ho fatto tante nuove amicizie. Sono molto socievole e amo conoscere altra gente.
Nyuma y’amasomo, njya mu kigo cy’abakorerabushake aho bamfasha gukora imikoro. Muri icyo kigo natangiye no kuhigira kudoda.
Dopo la scuola vado in un centro gestito da volontari dove mi aiutano a fare i compiti. Lì frequento anche un corso di cucito.
Muri Somalia sinigeze njya mu shuri na rimwe, nta n’isomo na rimwe nigeze niga, keretse kwiga Korowani. Sinari nzi gusoma no kwandika. Ubu namenye gusoma no kwandika yaba mu gisomali cyangwa ikinoruveje, kandi nize ibindi bintu byinshi. Kutiga byatumaga numva nta cyo ndi cyo. Ubu numva mfite ubumenyi kandi ndishimye.
In Somalia non sono mai andata a scuola né ho fatto corsi eccetto la scuola coranica. Non sapevo leggere né scrivere. Ora ho imparato a scrivere sia in norvegese che in somalo, e molte altre cose. Senza istruzione, sentivo che non ero nessuno. Ora mi sento informata e felice.
L’anno prossimo andrò alla scuola secondaria, con indirizzo “sviluppo salute e gioventù”. In futuro voglio diventare operatore giovanile. Quando avrò completato la mia istruzione, sogno di avere un lavoro fisso. Voglio anche imparare a guidare e prendere la patente.
Iyo mba naragumye muri Somalia, ntekereza ko ubu mba narabyaye abana benshi. Iyo mba ndi muri Somalia, ntabwo mba naragiye mbona amahirwe nk’ayo nagize. Numva ari amahirwe kuba ntuye muri Noruveje.
Se fossi rimasta in Somalia, penso che adesso sarei già madre. Forse avrei già diversi figli. In Somalia non avrei tutte le opportunità che ho adesso. Mi sento fortunata a vivere in Norvegia.