Nitwa Agostino, mfite imyaka 51. Nkora akazi ko gushyira abantu ibiryo nkoresheje igare. Mfite abakobwa babiri ariko tuganira gake cyane. Mama wabo ntitukibana kubera ko twatandukanye.
Mi chiamo Agostino e ho 51 anni. Il mio lavoro è consegnare cibo in bicicletta. Ho due figlie, ma quasi non ci parliamo. La loro madre ed io non viviamo più insieme perché abbiamo divorziato.
Mbana na mama kubera ko ntashobora kwishyura ubukode nyuma yo gutandukana n’umugore wanjye. Gukodesha inzu birahenda cyane muri uyu mujyi.
Vivo con mia madre, dal momento che non posso permettermi di pagare un affitto dopo il divorzio. Gli affitti sono molto cari in questa città.
Mu mezi make ashize, hari ikigo nakoragamo amasuku. Nasanaga ibyangiritse, ngaterura amakarito, ndetse nkanafasha undi wese ubikeneye. Umunsi umwe, icyo kigo cyaranyirukanye. Sinumvaga impamvu.
Alcuni mesi fa lavoravo come addetto in un’azienda. Riparavo cose rotte, portavo scatoloni, e davo una mano a chiunque ne avesse bisogno. Un giorno, l’azienda mi ha licenziato. Non ho mai capito perché.
Nabonye abantu benshi bashyiraga abantu ibiryo bakoresheje amagare. Kuko nzi gutwara igare nagiye gusaba akazi mu kigo gikomeye kizobereye mu kugemurira abantu ibicuruzwa. Bampa amayero ane kuri buri ncuro ngemuye. Nkorera amayero 40 ku munsi nagira amahirwe akaba 60. Hari n’abakiriya bampa tipu.
Vedevo molti che consegnavano cibo in bicicletta. So andare in bici, così mi sono presentato ad una grossa azienda di consegne a domicilio. Mi hanno offerto tre euro a consegna. Faccio 40€ al giorno, 60€ se sono fortunato e i clienti mi danno la mancia.
Iyo naruhutse ntibanyishyura, yewe n’iyo naba ndwaye, mbese nta burenganzira namba. Ntekereza ko ibyo bidakwiriye, gusa nkeneye akazi. Abenshi mu bandi bakozi dukorana ni abimukira baturutse mu bice bitandukanye by’isi.
Non ho ferie pagate, né assicurazione malattia, quasi nessun diritto. Penso che non sia giusto, ma ho bisogno di lavorare. La maggior parte degli altri lavoratori sono immigrati da ogni parte del mondo.
Abenshi mu batwara ibintu, buri munsi bakomerekera mu mpanuka. Ubwo umwe mubatwara ibintu ufite imyaka 25 yagongwaga n’imodoka agahita apfa, ni bwo ubuyobozi bwatangiye kutwitaho. Birababaje kuba byarasabye ko apfa kugira ngo babone kutwitaho.
Molti di quelli che lavorano nelle consegne rimangono feriti in incidenti ogni giorno. Poi, quando un rider venticinquenne è stato investito da una macchina ed è morto, le autorità hanno cominciato ad accorgersi di noi. È un peccato che quel ragazzo sia dovuto morire perché ciò accadesse.
Njye n’abandi dukora akazi kamwe bo mu bindi bigo, twafashe isomo rijyanye n’uburenganzira bw’abakozi twahawe n’ishyirahamwe ryo muri ako gace. Baduhaye ubujyanama ku by’amategeko ku buntu. Twarahatanye cyane kugira ngo tubone uburenganzira busesuye kandi duhabwe agaciro.
Assieme ai rider di altre aziende, ho fatto un corso sui diritti dei lavoratori organizzato da un sindacato di categoria. Ci hanno offerto assistenza legale gratis. Abbiamo lottato per ottenere maggiori riconoscimenti e diritti.
Nyuma y’igihe kinini imvune zacu zatanze umusaruro. Ikigo kimwe gikomeye kigemurira abantu ibicuruzwa cyaciwe amande menshi ndetse gitegekwa gutanga akazi gahoraho. Ni ubwa mbere mu mateka y’isi yose byari bibayeho. Bisa nk’aho ibintu bitangiye kujya mu buryo.
Dopo parecchio tempo il nostro duro lavoro ha dato dei frutti. Una grande azienda di consegne ha dovuto pagare una forte multa e stabilizzare i lavoratori. Era la prima volta che questo accadeva al mondo. Sembra che le cose comincino a migliorare.