Nibwiraga ko abagabo bo muri Noruveje ari bo ba mbere ku isi, ariko si ko biri. Mbere y’uko mpura n’uwabaye umugabo wanjye, nakoraga mu ruganda muri Bangkok, we atuye muri Pattaya. Twahuriye kuri Interineti duhita dutangira gukundana.
I thought Norwegian men were the best men in the world, but that is not true! Before I met the man who became my husband, I worked in a factory in Bangkok, and he lived in Pattaya. We met through the Internet and eventually became a couple.
Nyuma y’igihe twemeranyije kubana. Umuryango wanjye urakennye, ku bw’ibyo, kugira umugabo w’umuzungu uzita ku muryango wanjye ni imwe mu mpamvu zatumye mbana na we.
After a while we decided to get married. I came from a poor family, so having a foreign husband who could take care of my family was part of my reason for marrying him.
Twimukiye muri Noruveje mpita njya mu ishuri kwiga ikinoruveje. Byari ibihe bigoye. Kubera ko nta perimi nari mfite, umugabo wanjye yantwaraga ku ishuri, akantegereza akanangarura. Harimo urugendo rw’isaha imwe mu kugenda gusa. Nyuma y’igihe twimukiye hafi yaho, ariko yahisemo gukomeza kujya anjyana ku ishuri. Ntiyashakaga ko ngenda njyenyine.
We moved to Norway, and I started going to school to learn Norwegian. It was a difficult time. I did not have a driver’s licence, and my husband had to drive me to school, wait for me, and drive back. It was an hour each way. After a while we moved closer, but he still insisted on driving me to school. He did not want me to walk alone.
Kuva naza muri Noruveje sinigeze ntunga ifaranga. Rimwe umugabo wanjye yampaye amafaranga yo kurya, ariko kubera ko ari two nari mbonye, naratubitse. Ku ishuri, inshuti zanjye zifuza kumfasha kubona akazi, ariko umugabo wanjye ntabishaka. Yumva ko ngo gukora amasuku ari akazi katankwiriye.
I have hardly had any money since I came to Norway. Once, my husband gave me money for lunch, but since I had so little money, I kept it. My friends at school want to help me to get a job, but my husband says I cannot. He does not think working as a cleaner is appropriate for me.
Ahubwo yampaye akandi kazi ko kubaka igaraje. Kubera ko we yari bosi, ni njye wakoraga buri kimwe. Ntiyakoraga byinshi kuko yari arwaye. Ku mafaranga yakuye mu kubaka igaraje ntiyampayeho na make.
Instead he had another job for me – building a garage. He was the boss and I did everything. He could not do much because he was ill. He did not give me any of the money he made from building the garage.
Umunsi umwe, yambwiye ko ngo irungu rimwica iyo yasigaye mu rugo wenyine, maze afata umwanzuro ko tugomba gucirira imbwa. Njye nta mbwa nashakaga kuko navaga ku ishuri naniwe kandi nabaga mfite imikoro. Yavuze ko ari we uzajya atembereza imbwa buri munsi, ariko nyuma y’ibyo akaba ari njye nyitaho na we nkamwitaho.
One day he said he was bored when he was home alone, so he decided we should get a dog. I did not want a dog as I was tired after school and I had homework to do. He said he would walk the dog every day, but in the end I had to take care of both the dog and my old husband.
Sinzi ibyo igihe kizaza gihishe. Gahunda mfite ni uguhindura ikigo, ariko umugabo wanjye ntabishaka. Ari guteganya kwimukira ahandi kugira ngo ananize. Nzabyanga, ariko sinzi uko nzabigenza. Kuba mu mahanga ubana n’umugabo w’umusaza ntibyoroshye nk’uko nabitekerezaga.
I do not know what the future will bring. My plan is to go to another school, but my husband does not want me to do that. He is planning to move further away to make it difficult for me. I want to resist, but I do not know how. It is not as easy to live in a foreign country with an old man as a husband as I thought it would be.