Nitwa Agostino, mfite imyaka 51. Nkora akazi ko gushyira abantu ibiryo nkoresheje igare. Mfite abakobwa babiri ariko tuganira gake cyane. Mama wabo ntitukibana kubera ko twatandukanye.
O meu nome é Agostino e tenho 51 anos. O meu trabalho é fazer entregas de comida, em bicicleta. Tenho duas filhas, mas raramente falamos. Eu e a mãe delas já não vivemos juntos porque nos divorciámos.
Mbana na mama kubera ko ntashobora kwishyura ubukode nyuma yo gutandukana n’umugore wanjye. Gukodesha inzu birahenda cyane muri uyu mujyi.
Vivo com a minha mãe, porque depois do divórcio, não consigo pagar uma renda. Nesta cidade, a renda é muito cara.
Mu mezi make ashize, hari ikigo nakoragamo amasuku. Nasanaga ibyangiritse, ngaterura amakarito, ndetse nkanafasha undi wese ubikeneye. Umunsi umwe, icyo kigo cyaranyirukanye. Sinumvaga impamvu.
Há alguns meses eu trabalhava como zelador para uma empresa. Reparava coisas que estivessem partidas, carregava caixas e ajudava quem precisasse. Um dia a empresa despediu-me. Não compreendi porquê.
Nabonye abantu benshi bashyiraga abantu ibiryo bakoresheje amagare. Kuko nzi gutwara igare nagiye gusaba akazi mu kigo gikomeye kizobereye mu kugemurira abantu ibicuruzwa. Bampa amayero ane kuri buri ncuro ngemuye. Nkorera amayero 40 ku munsi nagira amahirwe akaba 60. Hari n’abakiriya bampa tipu.
Vi muitas pessoas a fazer entregas de comida em bicicleta. Eu sei andar, então bati à porta da empresa de entregas. Ofereceram-me três euros por cada entrega. Faço 40€ por dia, 60€ se tiver muita sorte e os clientes me derem uma gorjeta.
Iyo naruhutse ntibanyishyura, yewe n’iyo naba ndwaye, mbese nta burenganzira namba. Ntekereza ko ibyo bidakwiriye, gusa nkeneye akazi. Abenshi mu bandi bakozi dukorana ni abimukira baturutse mu bice bitandukanye by’isi.
Não tenho férias pagas, ou baixa médica, e quase nenhum direito. Penso que isso não está certo, mas eu preciso do emprego. A maioria dos trabalhadores são imigrantes de todo o mundo.
Abenshi mu batwara ibintu, buri munsi bakomerekera mu mpanuka. Ubwo umwe mubatwara ibintu ufite imyaka 25 yagongwaga n’imodoka agahita apfa, ni bwo ubuyobozi bwatangiye kutwitaho. Birababaje kuba byarasabye ko apfa kugira ngo babone kutwitaho.
Todos os dias, muitas pessoas que fazem entregas sofrem acidentes. Quando um homem de 25 anos que fazia entregas foi atropelado por um carro e morreu, as autoridades começaram a reparar em nós. Foi uma pena que ele tivesse morrido antes de isso acontecer.
Njye n’abandi dukora akazi kamwe bo mu bindi bigo, twafashe isomo rijyanye n’uburenganzira bw’abakozi twahawe n’ishyirahamwe ryo muri ako gace. Baduhaye ubujyanama ku by’amategeko ku buntu. Twarahatanye cyane kugira ngo tubone uburenganzira busesuye kandi duhabwe agaciro.
Juntamente com outras pessoas que fazem entregas, de outras empresas, fiz um curso em direitos dos trabalhadores no sindicato local. Ofereceram-nos conselhos legais gratuitos. Temos dificuldade em obter mais reconhecimento e direitos.
Nyuma y’igihe kinini imvune zacu zatanze umusaruro. Ikigo kimwe gikomeye kigemurira abantu ibicuruzwa cyaciwe amande menshi ndetse gitegekwa gutanga akazi gahoraho. Ni ubwa mbere mu mateka y’isi yose byari bibayeho. Bisa nk’aho ibintu bitangiye kujya mu buryo.
Depois de muito tempo, todo o nosso trabalho árduo valeu a pena. Uma grande empresa de entregas teve de pagar uma multa enorme e de dar aos trabalhadores empregos permanentes. Foi a primeira vez que isso aconteceu em qualquer parte do mundo. Parece que as coisas estão a começar a melhorar.