N’ubwo hari hakonje, nari nishimiye kwimikira muri Noruveje. Nari ngiye kongera guhura na Mama twaherukanaga mu myaka itandatu yari ishize. Mama n’inshuti ze ebyiri baje kutureba. Tukimubona, twarize amarira y’ibyishimo. Twerekeje mu mujyi muto Mama atuyemo.
Umunsi wa mbere mu mujyi Mama atuyemo wari utangaje. Hari hakonje kandi huzuye urubura, nta byinshi byo kureba bihari. Nta muntu n’umwe wari uri mu muhanda. Abantu benshi twahuye, bari bakonje kandi badafite urugwiro. Muri Somalia ahantu hose habaga huzuye abantu. Ni yo mpamvu nabonaga ibintu byose ari bishya hano. Mama n’inshuti ze baduhaye impano, ubundi atujyana kugura imyenda yo kwifubika.
Nyuma y’ibiruhuko bya Noheli, nagiye kwiga ikinoruveje mu ishuri ry’abakuze. Nahize imyaka ibiri mbere yo kujya mu ishuri risanzwe. Ubu ndi mu mwaka wa nyuma kandi nungutse inshuti nyinshi. Ndi umuntu usabana kandi guhura n’abantu biranshimisha.
Iyo mba naragumye muri Somalia, ntekereza ko ubu mba narabyaye abana benshi. Iyo mba ndi muri Somalia, ntabwo mba naragiye mbona amahirwe nk’ayo nagize. Numva ari amahirwe kuba ntuye muri Noruveje.